CECAFA KAGAME CUP 2026:APR FC Itsinze Garde Republicaine yo muri Djibouti imibare ikomeza kuba ibihekane.
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A wabaye kuri uyu wa Mbere ikipe ya APR FC yatsinze ibitego 3_1 ikipe ya Garde Republicaine yo muri Djibouti.Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Kumi n’Ebyiri zo mu Rwanda aho Amakipe yombi yatangiye akinira hagati mu kibuga yaba ku ruhande rwa Taleb utoza APR FC na Kadiir wa Garde Republicaine .
Ku munota wa 34 Kapiteni w’ikipe ya APR Cheick Djiburil Ouattara yaboneye igitego iyi kipe ku mupira yarahawe n’UmunyaCote D’Ivoir William Togui Mel.Nyuma y’iminota micye uyu yongeye kunyeganyeza inshundura abonera ikipe ya APR igitego cya Kabiri maze abafana bayo batangira kwizera kunyagira ikipe.
Mbere yuko bajya kuruhuka Rutahizamu Mamadou Traore yaje kubonera igitego cya Gatatu iyi kipe y’ingabo z’igihugu.
Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego 3-0 gusa ubwo amakipe yagarukaga mu kibuga mu gice cya Kabiri amakipe yombi yaranzwe no gusatirana kugeza aho ku munota wa 80 Garde Republicaine yaje kubona igitego cy’impozamarira.
Gutsinda kwa APR FC ibitego 3_1 ntakizere cyo kuba yalomeza muri 1/2 cy’imikino ya CECAFA KAGAME CUP kuko ku mukino wa nyuma izakina muri iri tsinda rya mbere isabwa gutsinda ikipe ya Vipers yo muri Uganda ibitego 5_0 naho Garde Republicaine igatsinda Gor Mahia,ni mu gihe umukino ubanza ikipe ya APR yari yanyagiwe ibitego 5-0 n’ikipe ya Gor Mahia.
Muri iri tsinda ikipe ya Vipers yari yatsinze ikipe ya Gor Mahia igitego 1_0 cyabonetse mu minota y’inyongera.
Imikino isoza itsinda rya mbere izakinwa Tariki 30 Nyakanga 2026.
Gicumbi:Marina wo muri Opposite Pub kwa Coach yizihije isabukuru
Niyitugize Florence uzwi nka Marina muri Bar yo mu karere ka Gicumbi izwi nka Opposite…
Nyagatare:Imfashanyigisho nshya igiye gufasha aborozi kongera umukamo n’ubumenyi ku bworozi bwa Kijyambere. Aborozi bo mu…
Kayonza:Uwakoraga umwuga wo kwicuruza yasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’uwo bararanye. Amakuru y’urupfu rwa Ishimwe…
CECAFA KAGAME CUP 2026:APR FC Itsinze Garde Republicaine yo muri Djibouti imibare ikomeza kuba ibihekane….
Gicumbi:Abaturage Babangamiwe n’umunuko uturuka mu bwiherero bwa Gare. Bamwe mu bagenda n’abakoresha ubwiherero bwo muri…
Gicumbi: Abaturage Babangamiwe n’umunuko uturuka mu bwiherero bwo muri Gare. Bamwe mu bagenda n’abakoresha ubwiherero…
Leave a Reply